Serena Williams, yatangaje ko agiye gusezera gukina Tennis akajya kwita ku mukobwa n’umugabo we.

UKENEYE KWAMAMAZA IBIKORWA BYAWE KU KINYAMAKURU CYACU NO KUMBUGA NKORANYAMBAGA DUKORESHA TWANDIKIRE KURI 0788441488 ============

Umunyamerika Serena Williams, yatangaje ko agiye gusezera gukina Tennis akajya kwita ku mukobwa n’umugabo we.

Uyu mugore w’imyaka 41 ibi yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kanama 2022, mu kinyamakuru Vogue, avuga ko ashaka kwita ku mukobwa we w’imyaka itanu Alexis Olympia Ohanian Jr ndetse n’umugabo we Alexis Ohanian.

Serena Williams, yatangaje ko agiye gusezera gukina Tennis akajya kwita ku mukobwa n’umugabo we.

Yagize ati “Ndi hano kugira ngo mbabwire ko ngiye kuba ndetse Tennis nkajya gukora ibindi by’ingenzi kuri njye. Sinari nzi ko iki gihe kizagera ariko nanone niteguye ibigiye kuza.”

Serena yakomeje avuga ko adasezeye kubera kwita ku mwana n’umugabo gusa, ahubwo ko adashaka kubyara umwana wa kabiri akiri umukinnyi nk’uko yabigiriwemo inama n’abaganga.

Yagize ati “Umwaka ushize njye na Alexis twashatse kubyara umwana wa kabiri, abaganga bambwira ko byaba byiza mbikoze ntuje, nahise mvuga ko ntazongera kubyara nkiri umukinnyi. Muri make nari nkeneye kuguma muri Tennis byeruye cyangwa kuyivamo byeruye.”

Serena Williams yamaze ibyumweru 139 ari we mukinnyi wa mbere muri Tennis y’abagore, afatwa nka nimero ya mbere mu bihe byavuba, agafatwa nk’uwa kabiri w’ibihe byose nyuma ya Margaret Court umunya-Australia watwaye Grand Slam 24, mu gihe Serena Williams yatwaye 23.

Serena Williams yamaze ibyumweru 139 ari we mukinnyi wa mbere muri Tennis y’abagore, afatwa nka nimero ya mbere mu bihe byavuba

Tanga Igitekerezo ukoresheje Facebook

TURAKWAMAMARIZA Niba uri umucuruzi, umushoramari, Umuhanzi n'abandi bantu bose bifuza kwamamaza, IBYAMAMARE.com turagufasha kwamamaza ibikorwa byawe bigere kubatuye isi yose kuko dusurwa n'abarenga miliyoni 2 buri kwezi, tugukorera inkuru, tukakwamamaza kumbuga nkoranyamba zacu zose harimo facebook, instagram, twiter na Youtube kandi bigakobwa gatatu mu Cyumweru ukwezi kose twamamaza ibyo ukora ndetse dushishikariza abantu kubimenya. DUHAMAGARE cyangwa utwandikire KURI Wats APP: +250 7830 35616 Cg utwandikire kuri Email : [email protected]
SHARE

IGITEKEREZO